Stromae mu gitaramo i Kigali

Ku nshuro ya mbere Stromae yaraye akoreye igitaramo i Kigali (vidéo ku mpera y’iyi nkuru, voir aussi à la fin, une autre vidéo et reportage en français).

Inkuru ya « Inyarwanda »

Stromae yakoze igitaramo cy’amateka i Kigali, agitura se wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Nk’uko byari biteganijwe, umuhanzi Stromae yataramiye i Kigali mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Ukwakira 2015, mu gitaramo cy’amateka cyasozaga urukurikirane rw’ibitaramo yitiriye album ye yamumenyekanishije cyane hirya no hino ku isi ‘Racine Carrée tour’.

Iki gitaramo cyabereye kuri stade ya kaminuza yigenga ya Kigali(ULK)kitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye barimo abanyarwanda n’abanyamahanga baba mu Rwanda ndetse n’abari baturutse mu bihugu byo mu Karere na handi mu bice bitandukanye byo ku isi. Iki gitaramo cyanitabiriwe n’umufasha w’umukuru w’igihugu Madame Jannet Kagame.

Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne nawe ni umwe mu bayobozi bakuru b’igihugu bitabiriye iki gitaramo, mu gihe ibyamamare byo mu karere birimo bamwe mu bagize itsinda rya Sauti Sol na AY, aba nabo ari bamwe mu bitabiriye iki gitaramo, tutibagiwe abahanzi b’abanyarwanda barimo Mani Martin, Safi(Urban boyz), Senderi n’abandi.

Ijambo rya mbere yavuze agitunguka ku rubyiniro ni ‘AMAKURU?’

Stromae wari utegerejwe cyane n’abafana, yageze ku rubyiniro ahagana ku isaha ya saa mbiri n’igice(20h30), aho yakirijwe amashyi y’urufaya n’abafana be bamugaragarizaga urukundo. Uyu musore yahise atangirira ku ndirimbo ye Ta fête. Indirimbo nka Te Quiero, Humain à l’eau, Tous les memes, Moules frites, Peace or Violance ni zimwe mu ndirimbo zashyize abafana ba Stromae mu bicu kuri uyu mugoroba, ariko by’umwihariko ubwo yaririmbaga indirimbo nka Alors On Danse, Formidable na Papaoutai bikaba byari ibindi bindi.

Uretse kuririmbira abakunzi be, Stromae usanzwe uzwiho gutebya iyo ari ku rubyiniro, i Kigali naho uyu musore yirekuye akazajya anyuzamo akaganiriza abakunzi be, byumvikanaga ko ijambo ‘Murakoze’, ‘Kigali’ n’u ‘Rwanda’ aribyo yakomezaga gusubiramo kenshi. Mbere y’uko aririmba indirimbo ye Moules frites, uyu musore yibukije abafana ko yiyumva 50% nk’umunyarwanda, indi 50% akiyumva nk’umubiligi bityo akaba yishimiye gutaramira i Kigali.

Stromae muri iki gitaramo yaboneyeho umwanya wo guha icyubahiro se, Rutare Pierre

Stromae kandi yatangarije abafana be ko kuba yarahisemo gusoreza uru rukurikirane rw’ibitaramo bye hirya no hino ku isi, atari ku bw’impanuka ko ahubwo ari agaciro aha u Rwanda nk’igihugu akomokamo. Uyu musore yaboneyeho gutangaza ko yumva atewe ishema no gutura se umubyara ku nshuro ya mbere iki gitaramo.

Ubwo yaganaga ku musozo, Stromae yashimiye ikipe yose imufasha mu muziki we, bari banazanye muri iki gitaramo, Judo Kanobana, umuyobozi mukuru wa Positive production(kompanyi yateguye igitaramo n’urugendo muri rusange rw’uyu muhanzi mu Rwanda), yashimiye kandi nyina umubyara wamuherekeje mu Rwanda, anaboneraho kuvuga ko azirikana ko mu Rwanda ahafite abavandimwe, maze agenda abasuhuza mu mazina yabo harimo babyara be na nyirasenge.

Tubibutse ko iki gitaramo cy’i Kigali cyari igitaramo cy’192 ari nacyo cyasozaga uru rukurikirane rw’ibi bitaramo(Racine carree tour) byari bimaze imyaka ibiri, dore ko byatangiye ku itariki nk’iyi, ni ukuvuga tariki 17/10/2013, bizenguruka mu bihugu 29, aho habarurwa amatike arenga miliyoni ebyiri yagurishijwe, hatabariwemo amaserukiramuco uyu muhanzi yagiye yitabira.

Mwihere ijisho n’amatwi:

Source: Igihe

Source: Inyarwanda

http://inyarwanda.com/articles/show/EntertainmentNews/stromae-yakoze-igitaramo-cy-amateka-i-kigali-agitura-se-wazi-66139.html

Reportage de France 24:

Stromae enchante le public rwandais lors d’un concert très attendu à Kigali

Le chanteur belge d’origine rwandaise Stromae a clos sa tournée africaine au Rwanda, le pays d’origine de son père, devant un public en délire et conquis d’avance.

La star belge d’origine rwandaise Stromae a fait chavirer de bonheur Kigali, samedi 17 octobre, lors d’un concert très attendu, et hautement symbolique, le père de l’auteur de « Papaoutai » ayant été assassiné pendant le génocide en 1994.

Sans surprise, le chanteur a multiplié les références à ses origines, pour le plus grand plaisir des 20 000 Rwandais massés dans le stade de l’Université libre de Kigali (ULK), et qui, déchaînés, chantaient à tue tête et dansaient en imitant leur idole.

À la grande déception de ses fans, Stromae avait dû annuler en juin les deux derniers concerts de sa première tournée en Afrique, prévus à Kinshasa et Kigali, pour raisons de santé.

« Une venue à Kigali ça se fête n’est-ce pas? », a-t-il lancé, espiègle, à la foule, provoquant un tonnerre d’applaudissements. Pendant plus de deux heures, le musicien a enchaîné ses plus grands tubes : « Carmen », « Formidable », « Tous les mêmes »… pour le plus grand bonheur de ses fans venus en nombre.

Dernière visite au Rwanda quand il avait 5 ans

« Je suis trop excité d’être ici, il sait très bien danser ! Il a même fait quelques pas de danse traditionnelle » rwandaise, s’est enthousiasmée Rodie Nkusi, 18 ans. « Les gens sont trop fiers car il est à moitié rwandais », poursuit-elle.

Le chanteur Stromae, alias Paul Van Haver, est en effet né d’une mère flamande et d’un père rwandais. Le chanteur ne s’était rendu qu’une seule fois à l’âge de 5 ans dans le pays natal de son père, Pierre Rutare, disparu tragiquement.

« On est content ici au Rwanda, c’est l’enfant de notre pays ! Stromae est l’enfant du Rwanda ! », hurle extatique Pacifique, 29 ans, après que le chanteur a lancé à la foule ‘Amakuru ?’ qui signifie « comment allez-vous? » en kinyarwanda, la langue locale.

Interrogé un peu plus tôt dans la journée lors d’une conférence de presse sur son état d’esprit, alors qu’il s’apprêtait à entonner « Papaoutai » à Kigali, le chanteur avait reconnu redouter « verser une petite larme ».

« Merci papa »

Ce samedi soir, à Kigali, face à la foule, pas de larmes mais l’émotion était palpable. Le chanteur a un peu modifié les paroles de sa célèbre chanson qui traite d’un père absent. « Dis-moi où t’étais? », a chanté Stromae. « A Kigali… au Rwanda… », a-t-il scandé, avant de lancer « Il est là ! ».
« Je ne l’avais jamais fait mais je crois que c’est l’heure, l’endroit. Pour la première fois j’aimerais faire une grosse dédicace à mon papa », a déclaré le chanteur. « Merci papa », a-t-il répété à plusieurs reprises.

Le chanteur Stromae a également cité tous les prénoms des membres de sa famille rwandaise proche. « On connaît l’histoire qu’il y a derrière donc il y a toujours beaucoup d’émotion quand on écoute cette chanson », a indiqué Lydie Ndoba, une jeune maman, convaincue que le chanteur a été très touché par ce concert à Kigali.

« Je pense qu’on ne peut pas venir pour la première fois dans son pays d’origine et ne pas être ému », a-t-elle assuré.
Le Rwanda panse toujours les blessures du génocide qui, en à peine 100 jours entre avril et juillet 1994, a fait environ 800 000 morts.

Source:

http://m.france24.com/fr/20151018-stromae-rwanda-concert-kigali-rwandais-belgique-musique-chanson

Inkuru ku buzima bwa se wa Stromae

« Igihe »:

Paul Van Haver, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Stromae ni Umubiligi ukomoka mu Rwanda kuri Rutare Pierre na Miranda Marie Van Haver.

Stromae yatangiye umuziki akora injyana ya Hip Hop , yakoreshaga izina rya Opsmaestro, ubu yibanda cyane ku muziki wa Electronic music. Uyu muririmbyi utegerejwe n’ibihumbi by’abakunzi be i Kigali yavutse kuwa 12 Werurwe 1985.
Imwe mu ndirimbo zatumye aba icyamamara ni iyo yise ‘Alors on danse’, yanabaye igihe kirekire iya mbere mu gukundwa mu bihugu by’ i Burayi cyane cyane ibivuga ururimi rw’Igifaransa.
Stromae yavutse kuri se w’Umunyarwanda witwa Rutare Pierre na nyina w’Umubiligikazi Miranda Marie Van Haver wo mu bwoko bw’aba-flamands.

Impine y’amateka ya Rutare

Rutare Pierre yavutse mu 1958, avuka mu muryango w’abana barindwi. Ni mwene Gabriel Gasamagera[sekuru byeruye wa Stromae], yavukiye mu Mujyi wa Kigali i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.
Kubera ibibazo bya Politiki byari mu Rwanda, Gabriel Gasamagera yafashe umwanzuro wo kwimurira umuryango we i Shyorongi ari naho Rutare yabaye imyaka myinshi.

I Shyorongi, ubuzima bwari bugoye, habaga imibu iryana kurusha inzuki, ni igice cyabarizwagamo inyamaswa z’inkazi ku buryo byari bigoye kuharerera.
Umwe mu muryango wa Rutare Pierre, yabwiye TNT ko se wa Stromae yize amashuri yisumbuye muri Collège de Rulindo ayasoreza mu Mujyi wa Kigali muri Collège St. André i Nyamirambo.
Ubwo Rutare yasozaga amashuri yisumbuye, murumuna we witwa Paul yapfuye amarabira bibabaza uyu mugabo wahise afata umwanzuro wo guhita ava mu Rwanda.

Rutare yarangije amashuri yiyushye akuya

Bigoranye cyane, mu 1978 Rutare Pierre ageze mu mwaka wa nyuma asoza ayisumbuye yahawe Pasiporo. Umuntu wese ntiyapfaga guhabwa urupapuro rw’inzira gusa kuri Rutare byabaye nk’igitangaza araruhabwa ndetse abona na Visa yo kujya mu gihugu cy’u Bubiligi.
Yeretse umubyeyi we ibyangombwa yari yabonye yiyushye akuya, anamusaba ko yamutera inkunga mu rugendo yari agiyemo, undi ntiyazuyaza.
Ageze mu Bubiligi, Rutare yasoje amashuri yisumbuye ahita akomeza muri Kaminuza yigenga aho yize mu ishami rya Civil Engineering and Architecture (Génie Civil et Architecture).

Yize kaminuza nta buruse ya Leta afite ndetse ni we wimenyeraga ikimutunga. Yize mu ngorane zikomeye abifashijwemo na se Gasamagera wari umuhinzi-mworozi wihagazeho i Shyorongi gusa benshi bamuhekenyeraga amenyo bamuziza ko ari umututsi.

Gasamagera yariryaga akimara kugira ngo umuhungu we abone uko abaho mu Bubiligi ndetse anatunge umuryango mugari yari afite mu Rwanda.
Mubyara wa Rutare ati “Ntibyari byoroshye kuba mu Bubiligi uri umunyeshuri wigenga. Yakoraga amanywa n’ijoro. Yigaga ku manywa nijoro agakora ibiraka , hari igihe yakoraga kuri station zinywesha ibinyabiziga[…] ntabwo yasinziraga, yarabimbwiye”

Rutare na Miranda bahuye bate?
Mu 1986 yahawe impamyabumenyi ya Kaminuza. Impundu zaravuze mu muryango, hakorwa ubusabane bukomeye cyane bishimira intambwe umwana wabo yateye.

Muri Werurwe 1985, Rutare Pierre n’umukunzi we Miranda Marie Van Haver bibarutse umwana w’umuhungu bamwita Paul Van Haver[Stromae]. Miranda na Rutare bahuriye i Buruseli bahuza urugwiro rwaje kuvamo urubuto [Stromae] rumaze kugira ibigwi ku Isi.
Icyahuje Rutare Pierre na Miranda nticyigeze kimenyekana byeruye, gusa ngo umunsi wa mbere bamenyanye Se wa Stromae yari akiri umunyeshuri wa Kaminuza atanga lisensi[essence] kuri station.

Stromae amaze kuvuka, Rutare Pierre yagarutse mu Rwanda kuko Gasamagera wari ugeze mu zabukuru yari amukeneye hafi ye. Ni we mwana we rukumbi wa Gasamagera wari warize amashuri menshi ari na we mujyanama we wa mbere.

Rutare, umwubatsi ufite ibigwi i Kigali

Mu 1988, Rutare yagarutse mu gihugu asanga ibibazo biracyari byose mu gihugu. Yashinze kompanyi ye bwite i Kigali yise “Bureau de Deux Génies” (B2G). Yakoreraga mu ntubako yitwa Kwa Bayingana ahakoreraga Ambasade ya Kenya mu Rwanda.
Imfura igenda nka se! Rutare wari intiti mu by’ubwubatsi n’ubugeni, yakoranye umurava n’ishyaka ryinshi mu guteza imbere umuryango n’igihugu muri rusange. Nubwo benshi batifuzaga ko atera agatambwe, Rutare yakoresheje ubumenyi yari afite mu gushushanya no kubaka nyinshi mu nyubako z’i Kigali.

Rutare yashushanyije anubaka Rond-point nini ya Kigali. Yasabye Umujyi wa Kigali kutazasenya iyo nyubako gusa byarangiye bisenywe.
Mu zindi nyubako Rutare yagizemo uruhare mu kubaka i Kigali, ziri ku Kimihurura no mu tundi duce tw’umujyi.
’Papaoutai’ ifitanye isano na Rutare?
Benshi bakeka ko Stromae atigeze amenya se ndetse ngo niyo mvano yatumye amuririmbira ‘Papaoutai’. Umwe mu muryango w’uyu muhanzi avuga ko bafashe ubutumwa bwe nabi ngo kuko Rutare yabasuraga kenshi Stromae akiri muto.

Stromae – Papaoutai

Ati “Abavuga ko yataye Stromae na nyina uyu mwana akivuka, siby. Rutare yakraga ingendo nyinshi mu Bubiligi ajya kubasura, byabaga bihenze icyo gihe ariko yajyagayo. Papaoutai bayibeshyeho, ntabwo ari byo Stromae yavugaga…”
Ahagana mu 1990, Miranda na Stromae ngo baje mu Rwanda ndetse bakiranwa urugwiro mu muryango wa Rutare i Shyorongi. Ntibamaze igihe kinini kubera indwara ya malariya yabibasiye. Aka gace kabagamo imibu myinshi cyane nk’uko uyu muvandimwe wabo abyemeza.

Miss Uwase Vanessa umwe muri babyara 20 ba Stromae

Rutare Pierre yaje gushakana n’undi mugore babyarana abana bane barimo Ibrahim Cyusa[uririmba mu itorero Inganzo Ngari], Kevin Rutare utuye i Luxembourg, Cynthia Rutare na Ornelle Rutare biga mu Bubiligi.

Cyusa umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko ari iby’igiciro kuba mukuru wabo agiye kugaruka ku ivuko kuhataramira. Ngo yari asanzwe avugana na Stromae kuri telefone gusa ntibyabaga kenshi kubera gahunda z’umuziki.

Stromae afite babyara be bagera kuri 20 mu Rwanda. Muri bo harimo Uwase Vanessa igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2015. Ababyeyi ba Stromae na Vanessa ni ababyara.

Stromae ni mwene Rutare Pierre, Vanessa akaba umukobwa wa Jean-Marie Vianney Rubayiza. Aba bombi bafitanye isano rya hafi, ababyeyi babo [uwa Jean-Marie Vianney Rubayiza na Rutare] baravukana.

Rutare, umukinnyi ufite amateka muri Basketball i Kigali

Rutare yari umukinnyi ukomeye wa basketball kuva mu mashuri yisumbuye n’aho yize muri kaminuza. Yanakinnye mu makipe azwi mu Bubiligi mu myaka yahamaze.

Mu 1988 yakiniye ikipe ya basketball yitwaga Inkuba, iyi kipe yaterwaga inkunga na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Nyuma yaje gushing ikipe ye bwite yitiriye kompanyi ye ya B2G. Ni we wari umuyobozi wayo ndetse ni na we wayihaga inkunga.

Mu 1994, Rutare yishwe muri Jenoside byinshi mu bikorwa bye birapfapfana ndetse ni nabwo iyi kipe yasenyutse.

Benshi mu bakinnyi b’ikipe ye bahise bajya muri Espoir BBC. Bagenzi be bakinanye harimo umuyobozi wa Espoir na Gerard Ntwari[Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal].
Rutare afite uduhigo twinshi muri Basketball
Uko umwaka utashye, mu Rwanda haba irushanwa Memorial Gisembe ryo kwibuka Emmanuel Gisembe, Rutare na bagenzi babo bazize Jenoside .

Sekuru wa Stromae avuka mu Majyaruguru y’u Rwanda

Gasamagera[sekuru wa Stromae] yavutse mu 1924, i Bumbogo mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubaka myinshi mu mihanda y’igihugu mu 1960 ubwo yakoraga muri MINITRAP[ubu ni Minisiteri y’Ibikorwa Remezo].

Gasamagera yari umugabo w’umunyabwira akagira umurava mu kazi ndetse benshi bamufatiragaho urugero nk’inyangamugayo. Abaturage bo mu yahoze ari Segiteri Nzove muri Shyorongi, baramukundaga bakanakunda kumuvuga ibigwi.
Gasamagera aza ku isonga mu bagabo b’ibigwi batumye benshi babona imbereho i Shyorongi. Yari umuhinzi-mworozi wakoreshaga abakozi bagera kuri 300.

Source:

http://mobile.igihe.com/imyidagaduro/article/kure-ni-mu-nda-uko-rutare-pierre-na-miranda-bahuye-bakabyara-stromae

Laisser un commentaire